MINISITIRI W'INTEBE YASABYE UBUYOBOZI BW'URUGANDA RW'ICYAYI RWA MATA GUKOMEZA KONGERA UMUSARURO
Ubwo abakorana n'uruganda rw'Icyayi rwa Mata bagaragarije Minisitiri akamaro uru ruganda rubamariye mu iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza yabo, nawe asaba ubuyobozi bw'uruganda gukomeza gukorana n'abaturage no kubafasha kubona akazi gahoraho kugira ngo imisharaha yabo idasubira inyuma.
Ibi byagarutsweho kuwa 22/09/2025 ubwo Minisitiri w'Intebe Dr. Nsengiyumva Justin yasuraga uruganda rw'Icyayi rwa Mata ari kumwe na Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Minisitriri w'Ubuhuinzi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo,Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere ka Nyaruguru na Komite nyobozi y'Akarere.