Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

ABASAGA 4300 BACIYE UKUBIRI N'INDWARA ZIKOMOKA KU MWANDA

 Abaturage basaga  4300 babarirwa mungo 1003  zo mu  murenge wa Nyabimata bavugako baciye ukubiri n'indwara zikomoka ku mwanda nyuma y'uko bubakiwe umuyobozi w'amazi meza  watwaye  amafaranga asaga  330,000,000.

Ibi byagarutsweho  kuwa 24/09/2025  mu ruzinduko umuyobozi w'Akarere  Dr. Murwanashyaka Emmanuel  ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa LODA n'abafatanyabikorwa ubwo  basuraga  abaturage  bubakikwe umuyoboro w'amazi  aho bavugako  bari bamaze igihe kinini bavoma amazi atari meza none ubu bakaba barahawwe na leta  amazi meza.

Abaturage bavugako bakoraga urugendo rw'ibirometero  6 bajya  gushaka amazi meza kuburyo n'abana  bakerewaga ishuri  none ubu   bayabona hafi kandi ku mafaranga umunani gusa.